... Namwe rero nimutandukana, umwe akaba ukwe, undi ukwe, mugahora muryana, abanzi banyu bazaboneraho maze babagirire nabi. Naho nimwibumbira hamwe, mbese mukumvikana mukaba abavandimwe nyabo, ntawe uzabatinyuka, ahubwo rubanda bazajya babareba babatinye, maze babubahire icyo.»
Ba buzukuru bamaze kubyumva, bigira inama yo kwiyunga, amahane ashirira aho.
Ndetse n'ubabonye, ugasanga abubashye kandi yifuza kubigana.
«Ababiri bishe umwe.»
Byakuwe: Ikigo cy'igihugu gishinzwe integanyanyigisho, Gusoma umwaka wa 4, Icapiro ry'amashuri-Kigali 2004,PP.15-16; Igitabo wagisanga muri Librairie Caritas-Kigali n'ahandi hagurishirizwa ibitabo mu Rwanda.